Quantcast
Channel: gahiji – News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all 2175 articles
Browse latest View live

Kirehe- Abayobozi b’imidugudu barasabwa kutagira uwo bahishira ku cyaha yakora

$
0
0

Kirehe- Abayobozi b’imidugudu barasabwa kutagira uwo bahishira ku cyaha yakora

Kuri uyu wa 08/11/2013, mu karere ka Kirehe habereye igikorwa cyo kujya inama n’abayobozi b’imidugugu hamwe n’abashinzwe Community Policing bakaba barebaga uko umutekano wifashe no kureba uko bakomeza kuwubungabunga hakaba harimo kurwanya ibiyobyabwenge hamwe no kumenya abinjiye mu karere ka Kirehe, kandi bagatangira amakuru ku gihe mu gihe babonye ikintu kidasanzwe.

Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’iburasirazuba ushinzwe ubugenzacyaha akaba n’umuvugizi wa Polisi mu ntara y’iburasirazuba Senior SPT Njangwe Jean Marie yasabye abari bitabiriye inama kuba aba mbere mu gushaka uko bakemura ibibazo bihari mu kurwanya urugomo hamwe no kurwanya ibiyobyabwenge bishobora kugaragra mu karere ka Kirehe birimo urumogi.

Akaba yanabasabye kujya bagaragaza ikibazo bahura nacyo kugira ngo babe babafashwa mu buryo bushoboka.

Nsabimana Jean Bosco, umuyobozi ushinzwe umutekano mu mudugudu wa Cyanika mu kagri ka Mwoga ho mu murenge wa Mahama  avuga ko bagiye kurushaho gukora amarondo mu rwego rwo kwicungira umutekano mu buryo busesuye, anavuga ko inama bahawe zizakomeza kubafasha kwicungira umutekano.

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe ubukungu imari n’iterambere,  Tihabyona Jean de Dieu avuga ko impamvu habaye izi nama zitandukanye ari uko hari hamaze iminsi haboneka ibibazo by’umutekano mucye bakaba bashakaga uburyo byakemuka kugirango ntibizongere, akomeza avuga ko gahunda yari ukugira ngo bashake uburyo bibutsa abaturage uko barwanya ibijyanye n’ibiyobyabwenge birimo urumogi rukunze kugaragara mu karere ka kirehe.

Iki gikorwa cyo kwigisha abashinzwe ibijyanye n’umutekano mu nzego z’ibanze bikaba byakorewe mu mirenge ya Gahara, Musaza, Kigarama, Nyamugari na Mahama.


Umutekano ugereranywa n’umwuka abantu bahumeka –Supt. Segakware

$
0
0

Umutekano ugereranywa n’umwuka abantu bahumeka –Supt

Abaturage b’akarere ka Nyamasheke barakangurirwa kurinda umutekano ku buryo budasubirwaho kuko ngo iyo umutekano wabuze biba bisa no kubura umwuka abantu bahumeka, ari na byo bigira ingaruka yo gupfa.

Ubu butumwa bwatanzwe n’Umuyobozi wa Polisi y’Igihugu mu karere ka Nyamasheke, Superintendant François Segakware, ubwo kuri uyu wa Mbere tariki ya 11/11/2013 yaganiraga n’abaturage b’umurenge wa Kagano ku buryo barushaho kubungabunga umutekano.

Mu kiganiro Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Nyamasheke yahaye abaturage b’umurenge wa Kagano, yagarutse ku mpamvu zihungabanya umutekano mu baturage, by’umwihariko avuga ku biyobyabwenge ndetse n’amakimbirane yo mu ngo, maze asaba abaturage ko bakwiriye gufata iya mbere mu gukumira no kurwanya ibiyobyabwenge kandi agaragaza ko amakimbirane ari ikintu kibangamiye umuryango nyarwanda, ari na yo mpamvu basabwa kubireka kandi bakabirwanya kuko ari byo bigeza ku rugomo no kwicana byakunze kugaragara mu baturage.

Ku kijyanye n’amakimbirane yo mu ngo, Supt. Segakware yasabye abaturage ko bakwiriye kwirinda bene ayo makimbirane ndetse hagira ugirana ikibazo na mugenzi we akaba yakwisunga inzego zitandukanye zikabafasha ariko bidateje ingorane.

Supt. Segakware yagaragaje ko iyo umutekano wabuze mu bantu ari kimwe n’uko umwuka ubura mu kinyabuzima gihumeka kuko icyo gihe habaho urupfu.

Abaturage bakaba basabwe gutanga amakuru y’ikintu cyose babona ko cyahungabanya umutekano, by’umwihariko bagatanga amakuru y’ahagaragara ibiyobyabwenge ndetse n’aho baba benga cyangwa bacuruza ibiyoga by’ibikorano kugira ngo bikumirwe hakiri kare.

Nyamagabe: Abayobozi barasabwa kunoza imikorere no kwima urwaho ababakekaho ruswa.

$
0
0

Abayobozi barasabwa kunoza imikorere no kwima urwaho ababakekaho ruswa

Nyuma y’uko hakozwe isuzumamikorere mu nzego z’ibanze ndetse ubushakashatsi bukaba bukigaragaza ko harangwamo ruswa, abayobozi n’abakozi bo mu karere ka Nyamagabe kuva ku karere kugeza ku tugari barasabwa kunoza imikorere no kurushaho gutanga serivisi nziza.

Mu nama yahuje ubuyobozi bw’akarere, abakozi bako, abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge ndetse n’ab’utugari kuri uyu wa kabiri tariki ya 12/11/2013, nyuma yo kugezwaho ibyavuye mu isuzumamikorere ndetse n’icyegeranyo cyerekana imiterere ya Ruswa mu nzego z’ibanze, basabwe kunoza imikorere kandi bagakemura ibibazo by’abaturage biri mu nshingano zabo kugira ngo birinde uwabakekaho ruswa.

Abayobozi n’abakozi basabwe kumva ko ari abagaragu b’abaturage, bakabaha umwanya kandi bagakemura ibibazo byabo ku gihe kugira ngo hatagira ubona ko bari kwitinza kugira ngo bibwirize (babahe ruswa).

Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu, Mukarwego Umuhoza Immaculée yasabye abakozi guhindura imikorere, bakagendera kuri gahunda kugira ngo politiki ya leta yo kwegereza abaturage ubuyobozi igire umusaruro abaturage bafashwe.

Mu rwego rwo guha ingufu imitangire ya serivisi nziza ndetse no kunoza imikorere hafashwe umwanzuro ko buri cyumweru hazajya hasurwa umurenge umwe n’utugari tuwugize hagakorwa isuzuma, ndetse bakanaganira n’abaturage ku mikorere y’abayobozi babo nk’uko umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe, Mugisha Philbert yabitangaje.

Hongeye gushimangirwa ko kuri buri rwego hashyirwaho serivisi zihatangirwa, kugira ngo usaba serivisi abone ibisabwa n’igihe bisaba ngo zibe zatanzwe, ndetse abakozi bakajya bagira gahunda y’ibikorwa by’icyumweru kandi zigakurikizwa kugira ngo abasaba serivisi babe bazi uwo bashaka igihe aba ahari n’icyo ari bukore, bityo ntibasiragire ngo bitume bumva ko ari amayeri yo kubasaba kwibwiriza.

KARONGI: FPR yungutse izindi mbaraga

$
0
0

Mu mpera z’icyumweru gishize, umuryango FPR Inkotanyi mu karere ka Karongi wungutse izindi mbaraga ubwo komite nyobozi y’umuryango yatoraga abahagarariye urubyiruko, Batowe n’intore z’umuryango zigize inteko itora basaga 450.

Nyuma y’amatora y’urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi mu karere ka Karongi kuva ku rwego rw’ umdugudu, utugari n’imirenge, mu mpera z’icyumweru gishize, abagize inteko itora basaga 450, batoye abantu batatu bazahagararira urubyiruko muri komite nyobozi y’umuryango FPR Inkotanyi.

Mu bakandida 21, batatu ni bo batowe binjira muri komite nyobozi y’umuryango FPR Inkotanyi. Abo ni Mukamwiza Julienne wabonye 119, Murekatete Jolie amajwi 112. Naho Urimubenshi Aimable na Ntawubiheza Erneste bombi banganyije amajwi 109, biba ngombwa ko hakoreshwa uburyo bwa tombola.

Urimubenshi Aimable ni we amahirwe yasekeye, bityo yinjira muri komite nyobozi y’umuryango FPR Inkotanyi mu rugaga rw’urubyiruko ruwushamikiyeho.

 FPR yungutse izindi mbaraga

Mayor wa Karongi Kayumba B, akaba na Chairman wa FPR mu karere

Chairman w’umuryango FPR Inkotanyi mu karere ka Karongi, Kayumba Bernard ari nawe muyobozi w’akarere, yasabye abatowe kutazapfusha ubusa icyizere bagiriwe.

Kayumba asanga ari imbaraga nshya zinjiye mu muryango, bityo akabasaba kuzazikoresha Karongi igakomeza kwibonera ibisubizo by’ibibazo aka karere gafite.

Mu banyarwanda bahunguka bava muri congo, umubare munini uba ari uw’ abagore

$
0
0

Mu banyarwanda  bahunguka bava muri congo, umubare munini uba ari uw’ abagore

Umubare mwinshi w’abatahuka ni abagore n’abana

Abanyarwanda 106 bahungutse taliki 8/11/2013 abenshi muri bo ni abagore n’abana naho abagabo barengeje imyaka 18 usanga ari mbarwa.

Abatahutse bavuga ko bafashe icyemezo cyo gutaha nyuma y’ubuzima bubi bari basanzwemo mu duce dutandukanye two muri Congo, bamburwa bahohoterwa hamwe no guhora bazinga akarago kubera intambara zidashira.

Gusa ngo nubwo bari basanzwe m’ubuzima bubi ntibabonaga amakuru nyayo ku Rwanda ariko abataha mu Rwanda bagira uruhare mu kubwiza ukuri abari mubuhunzi bigatuma n’abandi bataha.

Babajijwe impamvu umubare mwinshi w’abataha ari abagore n’abana,  ngo ni uko abagabo bamwe hari igihe batinya gutaha bakaza ari uko bahamagawe n’umuryango wabanje kuza, naho abandi bagabo baba barishwe n’imirwano ikunze kuba muri Congo, mu gihe abandi bajyanwa mu mitwe yitwaza intwaro.

Uwumukiza Marie Chantal watahutse avuga ko nubwo abagore n’abana aribo bakunze gutaha ngo hari abanyarwandakazi barongowe n’abagabo b’abanyecongo, ariko kubera imibereho mibi no kubahohotera, abagore bafata umwanzuro wo gutaha bakazana n’abana babo.

Cyakora Uwumikiza ashimira abanyarwanda bitanga bakajya gushaka imiryango yabo mu duce dutandukanye twa Congo kuko amakuru batanga afasha abakiri mubuhunzi gutaha kuruta uko bavugira kuri telefoni no kumva amakuru kuri radiyo.

Uwamungu Marcelline utuye mu murenge wa Nyamyumba washoboye kujya kuzana umuryango we avuga ko abanyarwanda bari mu buhunzi bacyeneye gushishikarizwa gutaha n’imiryango yabo kuko hari n’ababa badafite amakuru, abandi bakaba baziko baje mu Rwanda ntawe basanga cyakora ngo iyo babonye umuntu wabo bifuza gutaha.

Mu banyarwanda 106 batashye taliki 8/11/2013 mu Rwanda, harimo abanyarwanda 4 bari bagiye kuzana imiryango yabo.

Benshi mu banyarwanda batahuka bavuye mu duce twa Masisi, Kaluba, Walikare, Rusthuro, Karehe na Karungu, mu kwezi k’ uKwakira hakaba haratashye abanyarwanda 181.

Rutsiro : Abayobozi b’utugari barasabwa gufata iya mbere mu gukumira ibishobora guhungabanya umutekano

$
0
0

Abayobozi b’utugari barasabwa gufata iya mbere mu gukumira ibishobora guhungabanya umutekano

Abitabiriye inama

Abayobozi b’utugari na bamwe mu bakozi b’imirenge igize akarere ka Rutsiro bagiranye inama n’ubuyobozi bw’akarere hamwe n’inzego z’umutekano tariki 12/11/2013 bibutswa uruhare rwabo mu gukumira ibishobora guhungabanya umutekano.

Mu rwego rwo gukomeza kubungabunga umutekano, abitabiriye iyo nama  basabwe kugenzura abinjira n’abasohoka mu mudugudu, gutanga amakuru ku gihe, igihe hari ibikorwa bishobora guhungabanya umutekano bigaragaye, ndetse amarondo na yo agakorwa neza.

Abayobora mu duce duherereyemo amashyamba, by’umwihariko amashyamba cyimeza ya Mukura na Gishwati aboneka mu karere ka Rutsiro basabwe kuyagenzura no kumenya ibiyakorerwamo.

Kutamenya no kutagenzura inzira zishobora gukoreshwa n’abagizi ba nabi na byo byaganiriweho nka kimwe mu bishobora guhungabanya umutekano. Ni yo mpamvu abayobora  cyane cyane uduce tw’akarere dukora ku mupaka bahamagarirwa kugenzura urujya n’uruza rw’abinjira n’abasohoka, kumenya abo ari bo ndetse no kumenya ikibagenza.

Abitabiriye iyo nama bibukijwe zimwe mu nshingano z’abayobozi hakurijwe urwego. Abo ku rwego rw’umudugudu babwiwe ko basabwa gukurikirana imikorere y’irondo, kugenzura ko ikaye y’umudugudu yujujwe neza kandi ku gihe, ndetse no kumenya no gukurikirana abantu bashyashya cyane cyane badasanzwe bari mu mudugugu.

Abayobozi ku midugudu barasabwa gukuriikirana no gutangira ku gihe amakuru yose ajyanye n’icyashobora guhungabanya umutekano, kuko ku rwego rw’umudugudu ari ho hashobora kuboneka amakuru mu buryo bwihuse kurusha uko yaboneka mu zindi nzego.

Urwego rw’akagari na rwo ngo rufite inshingano zo gukurikirana ibikorwa byose bishobora guhungabanya umutekano mu kagari, gukurikirana ko ikaye y’umudugudu yuzuzwa no kugenzura ko ibyanditswemo byuzuye.

Abayobozi mu tugari basabwe guhuza no gukurikirana ibikorwa byose bikorerwa mu midugudu, ndetse no kwegeranya amakuru yose avuye mu midugudu no kuyatangira ku gihe. Bibukijwe kandi ko bagomba gusura imidugudu no gukoresha inama zitandukanye mu rwego rwo kurushaho gushishikariza abatuye akagari kwibungabungira umutekano.

Guhererekanya amakuru ni kimwe mu bintu by’ingenzi byagarutsweho bizatuma umutekano ubungwabungwa, bikaba ari muri urwo rwego abayobozi b’inzego z’ibanze babwiwe ko bagomba gutanga no guhanahana amakuru ku gihe hakoreshejwe uburyo butandukanye burimo na telefoni bahawe bifashisha bahamagara ku buntu.

RUSIZI: Urubyiruko rwatorewe kuyobora bagenzi babo mu muryango wa FPR INKOTANYI rwasabwa kuzubahiriza inshingano

$
0
0

Urubyiruko rwatorewe kuyobora bagenzi babo mu muryango wa FPR INKOTANYI rwasabwa kuzubahiriza inshingano

Depite Mporanyi theobard, asaba urubyiruko rwatowe kuzuza inshingano

Nkuko bizwi ko urubyiruko ari imbaraga z’igihugu, izo mbaraga bazigaragaje mu gikorwa cyo kwitorera komite nyobozi y’urugaga izabakorera ubuvugizi mu muryango wa FPR inkotanyi, bikaba ari muri urwo rwego bakangurirwa gukura amaboko mumifuka bagakora bagamije kwiteza imbere banateza igihugu cyabo imbere.

uru rubyiruko rutangaza ko rugiye kuba intore za mudatenguha z’umuryango wa FPR inkotanyi nkuko babisabwa na honorable depite mporanyi theobard wari witabiriye icyo gikorwa.

Abatowe basabwe kuzuza neza inshingano batorewe babyaza umusaruro inshingano bahawe cyane cyane bakorera ubuvugizi urubyiruko muri rusange kugirango babashe gutera imbere babifashijwemo n’uyu muryango wa FPR

umuryango wa FPR INOTANYI nawo wasezeranyije uru rubyiruko kuzababera inkingi  y’iterambere nkuko biri mu mahame yawo kugirango ejo hazaza h’urubyiruko hazabe heza  mu rwego rwokwigira kwabo.

Muri iki gikorwa cyateranyije imbaga y’urubyiruko rw’akarere ka rusizi rwo mumuryango wa FPR mu muhango wo kwitorera komite nyobozi y’urugaga, mu karere ka rusizi hatowe abantu 3 bazajya muri komite nyobozi y’urugaga ARIBO AKIMANA SOlANGE watowe kubwiganze bw’amajwi asaga 273/286 batoye, hatowe kandi NKWAKUZI DESIRE ndetse  BAGAKURIKIRWA na UMUTONI ODIRA, HATOWE kandi niringiyimana patric watorewe kuba president w’iyo komite kubwiganze bwamajwi251/286 batoye,

hatowe kandi umunyamabanga, ushinzwe imiroborere myiza, ubukungu ndetse n’ ubutabera. nkuko aba batowe babitangaza ngo bagiye gukora icyo batorewe by’umwihariko bubahiriza inshingano bashinzwe nkuko babitangarije bagenzi babo babahundagajeho amajwi

Uru rubyiruko narwo rurasanga aba bitoreye hari icyo bazabagezaho by’umwihariko ko babatoye babizeye nkuko babitangarije muruhame.

FPR nayo mu rwego rwo kubagarariza ko izabahora hafi muribyose hahise hatoranywa abana 2 umukobwa n’umuhungu bo mumurenge wa Gikundamvura bazarihirwa amashuri y’imyuga muri kaminuza, nyuma yo kwiga no gukora bakazaba bakirigita nkuko honorable mporanyi theobar yabibabwiye, anabakangurira kwiga science na thechnique.

Nkuko nyirangirinshuti varelie, umunyamabanga muri komite nyobozi mumuryango wa FPR inkotanyi mu karere abitangaza avuga ko aba batowe mu rwego rwo kunoza neza inshingano bashinzwe  bazagenerwa amahugurwa kandi abasaba kugira ubwitange kuko iyo umurimo ukozwe urimo ubwitange ukugeza kucyo wifuza.

Urubyiruko rwatowe mu rwego rw’akarere ruzakomeza gupiganwa kumwanya wo kurwego rw’intara ndetse no mu rwego rwigihugu kugirango ruhagararira bagenzi babo mu nteko y’umuryango wa FPR INKTANYI.

Gakenke: Abayobozi b’utugari barangwa n’imyitwarire igayitse barasabwa kwikubita agashyi

$
0
0

Abayobozi b’utugari barangwa n’imyitwarire igayitse barasabwa kwikubita agashyi

Abayobozi batandukanye b’akarere n’uhagarariye polisi mu nama.

Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke, Nzamwita Deogratias yanenze abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari barangwa n’imyitwarire idahwitse, yabasabye  kwikosora abatazabikora bakazirukanwa ku kazi.

Mu nama yahuje komite nyobozi y’akarere n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge n’utugari  kuri uyu wa Kabiri tariki 12/11/2012, umuyobozi w’akarere yavuze ko hari abayobozi b’utugari barara mu tubari banywa bahindutse abasinzi.

Yakomeje avuga ko barangwa kandi  n’ingeso mbi zirimo ubusambanyi bikaba bifite ingaruka ku isura y’ubuyobozi muri rusange.  Hari n’abandi batakiyubaha babaye ba karyamyenda mu baturage no mu bigo by’imari bitandukanye, ibi bituma n’abandi bashaka inguzanyo muri ibyo  bigo bagira ikibazo cyo kutagirirwa icyizere.

Bwana Nzamwita yemeza ko afite amakuru ku banyamabanga nshingwabikorwa b’utugari babaye ba bihemu mu mabanki na za SACCO, aho basabye inguzanyo mu bigo by’imari binyuranye bikarangira babyambuye.

Yavuze ashimitse ko abanyamabanga nshingwabikorwa bakora ibyo byose  bagomba kwikubita agashyi bitaba ibyo bagahagarikwa ku kazi.

Muri iyi nama, abayobozi batandukanye bibukijwe ko bagomba kongera imbaraga mu gucunga umutekano bakaza amarondo mu midugudu, bamenya abantu badasanzwe binjiye n’abasotse mu mudugudu kugira ngo  hatagira igihungabanya umutekano.

Ngo ni byiza kuba hafi inkeragutabara ziba mu mirenge bakamenya ibibazo bafite kuko bashobora kuba bafite n’ibibazo byihariye na bo bakagira uruhare mu kubaka umuryango nyarwanda bacunga umutekano.

Nk’uko isuzuma ry’imikorere mu nzego z’ibanze ryakozwe ryabigaragaje,  ba gitufu b’utugari  ntibasohoza  inshingano zabo nk’uko bikwiye  zirimo  gukorana inama n’abaturage, gutanga serivisi nziza  ku baturage, kwita kuri gahunda za Leta n’ibindi, aha basabwe gukanguka bagakora ibyo basabwa.


Lt. Joel Mutabazi makes first appearance in court

$
0
0

Joel Mutabazi makes first appearance in court

Lt. Mutabazi in court yesterday

 

Rwanda’s renegade terror suspect, Lieutenant Joel Mutabazi and 14 other co-accused suspects have made their first appearance before the Nyamirambo military court to face charges of terrorism, conspiracy to murder among others.

Mutabazi, a former Rwanda defense forces (RDF) officer is a prime suspect in grenade attacks in Rwanda and other crimes. He was arrested and handed over to Rwanda under collaborative efforts between Rwanda and Uganda police through Interpol and the Eastern Africa Police Chiefs Cooperation Organization (EAPCCO) framework.

The court panel, presided over by Judge Charles Sumanyi, read to Mutabazi his counts and all the the co-accused suspects.

Mutabazi said that he was not in position to be tried in court stating that he was not legally prepared for the trial and has not had legal defense due to lack of funds to hire a private lawyer.

The court Judge adjourned the case saying that Mutabazi was legally permitted to have a defense team and in case he so chooses the judicial system can by law provide him this assistance. The case will be resumed on November 25, 2013, and Mutabazi is expected to have a defense team by then.

Mutabazi is believed to be part of a larger network led by the dissidents that formed the Rwanda National Congress (RNC) in collaboration with the Democratic Forces for the Liberation of Rwanda (FDLR) – a remnant genocidal force operating in the DR Congo.

His co-accused include: Karemera Jackson, Eugene Mutamba, Diane Gasengayire, Joseph Nshimiyimana, Pelagie Twizeyimana, Cyprien Nibishaka Rwisanga, Dative Murekeyisoni, Balthazar Maniraho, Jean de Dieu Nizigiyeho, Shadrack Barangayabo, Simon-Pierre Mahirwe, Marie-Grace Mutuyimana and Anselme Nimusabe.

Nyaruguru: Southern Province Governor tips leaders on effecting performance contracts

$
0
0

 m_Southern Province Governor tips leaders on effecting performance contracts

Southern Province Governor Alphonse Munyentwari

The Southern Province Governor, Alphonse Munyantwali, has called upon local leaders to come up with strategies that aid the effecting of performance contracts.

The Governor was on a routine, one-day work visit to assess the 2013-2014 performance contracts progress.

“The development of Rwanda lies within our hands, and achieving performance contracts is the responsibility for each and every Rwandan”, said Governor Munyantwali.

His team keenly followed a presentation and grilled local leaders in Nyaruguru district on areas such as economy, good governance, social welfare and justice.

Since July Nyaruguru district has achieved 63 per cent of the performance contracts and indicators show that it  has improved greatly as far  realizing the district target goals is concerned.

 “We have improved greatly regarding achieving performance contracts”, said Francois Habitegeka, Nyaruguru district Mayor.

In the just-concluded 2012-2013 performance contracts whose results came out in September, Nyaruguru came in the 18th position with 94 per cent on average out of Rwanda’s 30 districts.

In the previous three years of performance contracts, Nyaruguru ranked 29th, 28th and 26th respectively, scoring 59 marks, 75 marks, and 86 marks percent.

President Paul Kagame initiated the performance contracts in 2006, as a way of swifting the country’s development through acknowledging and rewarding best performing leaders.

Senateri Tito Rutaremara arashima uburyo abanyamusanze bateguye amatora y’abadepite

$
0
0

m_Senateri Tito Rutaremara arashima uburyo abanyamusanze bateguye amatora y’abadepite

Ubwo komisiyo ya politiki n’imiyoborere myiza mu nteko ishinga amategeko umutwe wa sena yasuraga abayobozi n’abaturage mu nzego zitandukanye bo mu karere ka Musanze ngo baganire ku migendekere y’amatora, iyi komisiyo yashimye uburyo I Musanze biteguye amatora ndetse bakanayashyira mu bikorwa.

Bamwe mu bagize iyi komite aribo Senateri Tito Rutaremara ndetse na senateri Marie Claire Mukasine, bagaragarijwe n’abaturage, abagize sosiyete sivile, imitwe ya politike, abavuga rikumvikana ndetse n’abandi uburyo aya matora yagenze, haba ibyashimwe ndetse n’ibyanenzwe.

Senateri Rutaremara ati: “Twari twaje kureba uko amatora y’abadepite yagenze, kugirango turebe ibyiza byakozwe, niba hari amakosa yakozwe azakosorwe ikindi gihe, kandi no kuganira n’abaturage kugirango turebe intabwe bateye tugereranyije n’igihe cyashize”.

Iyi komisiyo ishinzwe kureba ibintu byose birebana n’amatora, amashyaka n’imitwe ya politiki ndetse n’amahame remezo nko kurwanya jenoside, amacakubiri, kurwanya ubuyobozi n’andi yose uko agaragara mu itegeko nshinga.

Senateri Rutaremara, avuga ko kimwe n’ahandi hose banyuze, dore ko bageze Rwamagana, Kayonza, ubu bari I Musanze ndetse bakazanakomereza mu Gakenke, ngo amatora yagenze neza kuko umubare munini cyane warayitabiriye.

Kimwe mu byo aba basenateri babonye mu karere ka Musanze by’umwihariko, ni uburyo abantu biteguye umunsi w’itora nk’umunsi mukuru, aho bamwe baje gutora bambaye imyambaro yabo y’ibirori ndetse ngo hari n’aho bizaniraga amatorero akabyina.

Ati: “ibyo gutunganya aho bazatorera kugirango habe nk’umunsi mukuru si musanze gusa twabisanze, ariko Musanze ho hari aho twasanze barabashyiriyeho n’amatorero kugirango abyinire abaje gutora kuri iyo site”.

Senateri Rutaremara akaba kandi yabwiye abitabiriye iyi nama ko urwego amatora yo mu Rwanda agezeho rushimishije, kuko hari ibihugu byinshi bikiri inyuma muri iki kintu. Ati: “Nitabiriye amatora yo mu bufaransa. Usanga abantu barakariranye n’uguha urupapuro rw’itora akaruguha arukujugunyira, nyamara ari igihugu cyateye imbere”.

Nzirorera Eric ushinzwe ubukungu n’iterambere mu karere ka Musanze, wari uhagarariye ishyaka PSD muri iyi nama, yavuzeko iki ari igikorwa cyiza, kigamije kumenya amakuru yose y’uko amatora yagenze, ngo ibyagenze neza bishimwe ibitaragenze neza bikosoke.

Ati: “ni ibintu byiza, bakamenya niba twari dufite indorerezi, niba abaturage baratoreye ku gihe, niba barabaruye neza. Twavuze ko ibikoresho by’amatora bikwiye kujya bizira igihe kugirango amatora arusheho kugenda neza”.

Nyiramanzi Veronica, utuye mu murenge wa Kimonyi, avugako gusurwa na komisiyo ya politike ari ikintu bishimiye cyane, kuko batari bamenyereye ko ababahagarariye mu nzego babegera, kuko ngo bamaraga gutora bikarangirira aho, ntibigere baza kwinegura.

Nyamagabe: Hashimangiwe amasezerano y’ubufatanye akarere kasinyanye na Polisi y’igihugu.

$
0
0

m_Hashimangiwe amasezerano y’ubufatanye akarere kasinyanye na Polisi y’igihugu

Abanyamabanga nshingwabikorwa bitabiriye gusinya amasezerano

Mu rwego rwo gushimangira amasezerano y’ubufatanye akarere ka Nyamagabe kasinyanye na polisi y’igihugu tariki ya 09/11/2013, kuri uyu wa 12/11/2013, ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe bwasinyanye amasezerano n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge kugira ngo barusheho kuyagira ayabo.

Mu muhango wo gushyira umukono kuri aya masezerano hagati y’akarere n’imirenge, umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe Mugisha Philbert yavuze ko akubiyemo kongera ingufu mu kubungabunga umutekano, gushimangira uruhare rw’abaturage mu gucunga umutekano bizwi nka “community policing” ndetse no gufatanya muri gahunda zimyuranye z’iterambere.

Mugisha yongeyeho ko ibikorwa by’iterambere bigomba kubanzirizwa no kubungabunga umutekano agira ati “ibikorwa by’iterambere tuzabigeramo birumvikana twamaze gushimangira ingamba z’umutekano zisanzwe zihari, ijisho ry’umuturanyi, community policing bagakora, n’izindi nzego zidufasha mu kunganira mu mutekano nk’inkeragutabara zikarushaho gutanga umusaruro”.

Biteganijwe ko muri buri murenge hazakorwa igikorwa cy’iterambere kizakorwa ku bufatanye bw’abaturage bafatanije na polisi y’igihugu ndetse kikazanakorerwa isuzuma.

Gisagara: Barasabwa kugenzura uko ibikorwa by’umuhigo bihagaze umunsi ku munsi

$
0
0

Hagenzurwa aho ibikorwa by’umuhigo w’umwaka wa 2013-2014 bigeze mu karere ka Gisagara kuri uyu wagatatu,tariki 13/11/2013 umuyobozi w’intara y’amajyepfo Alphonse Munyantwali yasabye abayobozi b’aka karere kujya bita cyane ku bikorwa by’umuhigo bakagenzura umunsi ku munsi uko bihagaze, kugirango imihigo izahigurwe ku rwego rwifuzwa.

 m_Barasabwa kugenzura uko ibikorwa by’umuhigo bihagaze umunsi ku munsi

Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo arashima uburyo imihigo igira impinduka nziza ku muturage, aho ahamya ko iyo ibikorwa byiyemejwe bikozwe neza abaturage babyungukiramo kuko nubundi ngo ibikorwa by’imihigo bigamije kuzamura iterambere ry’abaturage.

Abatuye akarere ka Gisagara nabo bahamya ko kuva aho gahunda y’imihigo igiriyeho mu gihugu, hahindutse byinshi mu buzima bwabo, ndetse bakaba babona byaranatumye gutera imbere kwabo birushaho kwihuta.

Ntakirutimana Danniel utuye mu murenge wa Musha muri aka karere, ati “Gukorera ku muhigo bituma buri muturage akorana imbaraga kuko aba afite aho ashaka kugera, bityo iterambere rikarushaho kwihuta. Mbere imihigo itaraza twakoraga nta muhate kuko nta kigereranyo cy’aho twifuza kugera twagiraga”

Mu mihigo 93 yasuzumwe mu karere ka Gisagara, igera kuri 55 byagaragaye ko iri ku kigero gishimishije cyane, 11 igeze ahashimishije, 21 ikaba igitegereje ko gahunda y’amasoko irangira naho 6 igihe cyayo ngo ntikiragera.

Ashingiye kuri ibi byose, umuyobozi w’intara  Alphonse Munyantwali yashishikarije ubuyobozi gukurikirana by’umwihariko ko ibikorwa by’umuturage bishingira ku muhigo kuko ngo ari ishingiro ryo gutera imbere ku buryo bwihuse. Yongeye gusaba ko ibikorwa bikiri mu masoko byakwihutishwa kugirango bitazatuma imihigo isubira inyuma.

Ati “Ibikorwa by’imihigo ni ishingiro ry’iterambere ry’umuturage, abayobozi rero nibagenzure buri gihe ko ibikorwa by’umuturage bishingiye ku muhigo kandi ko bikorwa neza kugirango atadindira, ibikorwa bikiri mu masoko nabyo byihutishwe kugirango imihigo izahigurwe neza kandi ku gihe”

Mu byo ubuyobozi bw’Akarere bwasabyeho ubuvugizi, ni kubijyanye n’ikwirakwizwa ry’umuriro w’amashanyarazi mu baturage, aho ikigo gishinzwe gukwirakwiza ingufu n’amazi mu Rwanda EWSA cyakomeje kugaragaza ikibazo cy’insinga z’amashanyarazi bigatuma umuhigo utihuta uko biteganyijwe.

Gakenke: Local leaders urged to offer better services

$
0
0

m_Local leaders urged to offer better services

Executive secretaries from sectors and cells in a meeting

 Cells’ Executive Secretaries have been warned over poor service delivery and were told that measures would be taken against them if they continue with recklessness leveled against many of them.

The warning was issued by Gakenke district Mayor Deogratius Nzamwita during the District committee meeting involving executive secretaries from cells and sectors on erly this week

Mayor Nzamwita said some of local leaders allegedly prefer taking beer to serving residents while others simply resort to arrogant behavior instead of listening and attend  to people’s problems

 “Some of the local leaders are even accused of sexual misconduct which gives a wrong impression of the district leadership” said Nzamwita.

The mayor added that other executive secretaries embezzle funds from their offices which still affect the reputation of the leadership.

He warned that the district will hesitate to put in place legal measures to deal with such Executives who take their positions for granted; clarifying that service delivery improvement is their responsibility

Nyamasheke: Abayobozi b’inzego z’ibanze barasabwa kurara aho bakorera

$
0
0

m_Abayobozi b’inzego z’ibanze barasabwa kurara aho bakorera

 Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari twose n’imirenge bigize akarere ka Nyamasheke barasabwa kujya barara aho bakorera kandi iki cyemezo kikaba kitagomba kurenza icyumweru kimwe kitarashyirwa mu bikorwa.

Ibi byasabwe abayobozi b’utugari n’imirenge byo mu karere ka Nyamasheke mu nama yabaye kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 13/11/2013 ihuje abakozi bose b’akarere ka Nyamasheke kuva ku rwego rw’akagari kugeza ku rwego rw’akarere.

Iyi nama yari igamije gusuzumira hamwe no gufata ingamba ku bijyanye no kubungabunga umutekano, kugaragarizwa ibyuho byatuma habaho ruswa mu nzego z’ibanze n’uburyo bwo kuyirwanya ndetse n’uburyo bwo kunoza imikorere ya buri munsi mu nzego z’ibanze bishingiye ku isuzuma ryakozwe muri izi nzego.

Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste wari uyoboye iyi nama, yagaragaje ko hari bamwe mu banyamabanga nshingwabikorwa b’utugari n’imirenge usanga batarara aho bakorera ndetse bamwe muri bo ugasanga bambuka igihugu bakajya kwiga mu mahanga, by’umwihariko mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gihana imbibi n’aka karere.

Kuri aba ngo kenshi usanga impera z’icyumweru zigera bamaze kwambuka bajya muri Congo kandi byanze bikunze bikaba byica akazi kabo baba bagomba gukora umunsi ku munsi.

Abayobozi b’utugari bakaba bagiriwe inama yo guhagarika izo ngendo za hato na hato kandi zihoraho kuko byica akazi baba bashinzwe gukora kugira ngo bafashe abaturage bashinzwe gutera imbere.

Mu gihe u Rwanda ari igihugu kiri mu muvuduko w’iterambere ndetse abantu batandukanye bakaba barakangukiye gukarishya ubumenyi babinyujije mu kwiga, Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke Habyarimana Jean Baptiste yagaragaje ko kubuza abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari kwambuka igihugu bajya kwiga mu mahanga kandi bakiri mu kazi bitari mu buryo bwo kubabuza kongera ubumenyi ahubwo ngo hashobora gutekerezwa uburyo aba bayobozi b’utugari bakongera ubumenyi ariko bakiga hafi y’akazi kabo batagataye.

Mu karere ka Nyamasheke habarurwa abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari bagera kuri 11 baba biga mu mahanga mu gihe hari n’abandi bakozi basaga 50 na bo bajya guhaha ubwenge hanze y’imbibi z’igihugu. Mu gihe ngo byagaragaye ko uko kugenda byica akazi, aba bakozi bagirwa inama yo kubihagarika bagakora akazi kabo uko bisabwa ariko by’umwihariko abayobozi bakaba bategetswe kubihagarika mu gihe kitarenze icyumweru kimwe kugira ngo babashe kwita ku kazi bashinzwe.

Mu karere ka Nyamasheke, abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari ndetse n’abandi baturage bashaka kubona uburezi bwa kaminuza bagaragarizwa amahirwe ya Kaminuza (nshya) ya Kibogora (Kibogora Polytechnic) iri muri aka karere ku buryo ishobora gufasha abakozi bo muri aka karere bashaka kongera ubumenyi kandi bakaba bashobora kubihuza n’akazi kabo ka buri munsi nta na kimwe gipfuye.


Nyamagabe: Barishimira uko ingamba z’umutekano zishyirwa mu bikorwa

$
0
0

NyamagabeDist

Mu gihe akarere ka Nyamagabe kari mu kwezi kwahariwe imiyoborere myiza, by’umwihariko mu cyumweru cyahariwe umutekano n’uruhare rw’abaturage mu kuwucunga aho hari gukorwa isuzuma ry’uko ingamba zo gucunga umutekano zishyirwa mu bikorwa, Ubuyobozi w’akarere ka Nyamagabe burashima uko izi ngamba zishyirwa mu bikorwa.

Mu biri gusuzumwa, harimo kureba niba abakuru b’imidugudu buzuza amakaye y’abinjira n’abasohoka, amakaye y’umutekano n’amarondo ndetse n’ay’abaturage n’ibibazo byabo, uburyo bukoreshwa mu guhanahana amakuru, uruhare rw’inkeragutabara, abagize community policing n’abandi mu gucunga umutekano, uko amarondo akorwa n’ibindi.

Mu mirenge ya Musebeya, Buruhukiro na Gatare yasuzumwe kuri uyu wa kane tariki ya 14/11/2013 itsinda risuzuma riyobowe n’umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe Mugisha Philbert yasanze abakuru b’imidugudu bakora neza kandi bafatanya n’abaturage kubumbatira umutekano amakaye bayuzuza, aho bitanoze bakabagira inama y’uko barushaho kubikora neza.

Muri iyi mirenge uko ari itatu itsinda risuzuma ryasanze abagize community policing baragiye bagabana ingo bakurikirana umunsi ku wundi ngo babashe kumenya amakuru yazo byihuse ndetse no kuyageza ku zindi nzego igihe bibaye ngombwa, ndetse hakaba hari n’amaterefoni yishyurwa n’akarere afasha mu guhana amakuru hagati y’akarere, imirenge, utugari, inkeragutabara, abakuru b’imidugudu n’izindi nzego z’umutekano.

Umuyobozi w’akarere yabashimiye ko bafite ingamba zihamye zo gucunga umutekano abasaba ko barushaho kunoza ibitameze neza, abibutsa ko inyungu z’umutekano ari abaturage zigirira akamaro mbere na mbere.

Ati “Iyo hari umutekano inyungu zijya kuri ba baturage batekanye, bakabona uko bakora neza ibibateza imbere batikanga abajura n’abababuza gukora ibyabo.  Ni inshingango yacu twese rero ko dufatanya n’inzego z’umutekano mu kuwucunga.”

Yibukije abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari n’abakuru b’imidugudu ko bakwiye kongera ingufu mu gukora amarondo ndetse Inkeragutabara nk’abantu babifitemo ubunararibonye bakabigiramo uruhare rukomeye.

Nizeyimana Pascal, umwe mu bakuru b’imidugudu ya Gatare basuzumwe yavuze ko byabaye nk’amahugurwa kuri bo ndetse bikaba bibongereye imbaraga mu nshingano zabo zo kwita ku mutekano. Muri iri suzuma mikorere, umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe yaboneyeho kuganira n’abaturage b’akagari ka Bakopfu mu murenge wa Gatare ndetse banafatanya mu gukemura ibibazo byagaragaye.

YouthConnekt Hangout mu kunoza kuganira hagati y’urubyiruko mu Rwanda

$
0
0
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga MYICT yatangije uburyo bwiswe YouthConnekt Hangout bugamije gufasha urubyiruko kubona umuyoboro wo kuganiriramo hagati yarwo no hagati y’urubyiruko n’abandi bantu banyuranye  barimo abayobozi n’impuguke. Iyi gahunda ya YouthConnekt Hangout izakoresha cyane ikoranabuhanga rya Google+ Hangout yatangijwe kuwa kabiri tariki ya 12/11/2013 ku bufatanye bwa MYICT n'ishami ry'umuryango w'Abibumbye ryita ku majyambere UNDP, ishuri rya African Digital Media Academy ADMA, ikigo cy’itumanaho Tigo na HeHe Ltd.

Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga MYICT yatangije uburyo bwiswe YouthConnekt Hangout bugamije gufasha urubyiruko kubona umuyoboro wo kuganiriramo hagati yarwo no hagati y’urubyiruko n’abandi bantu banyuranye barimo abayobozi n’impuguke.

Iyi gahunda ya YouthConnekt Hangout izakoresha cyane ikoranabuhanga rya Google+ Hangout yatangijwe kuwa kabiri tariki ya 12/11/2013 ku bufatanye bwa MYICT n’ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku majyambere UNDP, ishuri rya African Digital Media Academy ADMA, ikigo cy’itumanaho Tigo na HeHe Ltd.

YouthConnekt Hangout ngo izifashishwa nk’umuyoboro wo kuganira n’abagira uruhare mu bikorwa by’urubyiruko cyangwa ikoranabuhanga mu gutanga umusanzu mu biganiro byubaka kandi bizamura iterambere.

Hakazajya hifashishwa ikoranabuhanga rya Google + ndetse n’indi miyoboro maze inshuro ebyiri mu kwezi hajye hategurwa ibiganirohagati  y’urubyiruko ruri hirya no hino mu gihugu ndetse n’abayobozi banyuranye, baganire ku ngingo zinyuranye harimo nko kwihangira imirimo mu rubyiruko, kugera ku gishoro mu gutangiza imishinga ikomeye, uruhare rw’urubyiruko mu kubaka igihugu ndetse no kugera ku mahoro arambye n’ibindi.

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana atangiza iyi gahunda yo kuganiro hagati y’urubyiruko n’abayobozi hakoreshejwe ikoranabuhanga, yagize ati “Ibi ni amateka, ni inzozi zibaye impamo. Twashatse kenshi kwagura imbibi z’uburyo tuganira byisumbuye ku kuba dusanzwe dukoresha za radiyo, televiziyo ndetse n’inama zinyuranye; twifuza gukoresha ikoranabuhanga rigezweho mu kuganira na buri wese by’umwihariko urubyiruko ruri mu Rwanda mu kurushaho gutanga umusanzu mu iterambere no kugena ejo haza heza.”

Yongeyeho ati “Nk’uko mwabibonye dukoresha uburyo bunyuranye bw’ikoranabuhanga nka Google Hangout ariko tunakoresha izindi mbuga nkoranyambaga nka Twitter, Facebook, YouTube n’izindi zinyuranye kugira ngo dukomeze kuganira na buri wese mu kugera kuri gahunda zinyuranye z’amajyambere.”

Kuri uwo munsi hatangizwaga YouthConnekt Hangout; ingingo nyamukuru yunguranyweho ibitekerezo yari ukureba uruhare rw’ikoranabuhanga mu iterambere no mu kwihangira imirimo.

Umuyobozi wa UNDP, ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku majyambere mu Rwanda, Auke Lootsman wari muri iki kiganiro yagize ati “Binyuze muri YouthConnekt tuzashaka uko urubyiruko rubona amahirwe mu rwego rw’abikorera aho bakura ubumenyi mu guhanga imirimo no mu kubona akazi … tuzakoresha ikoranabuhanga rya Google Hangout mu guhuza abantu ngo baganire ibyubaka.”

Mukiza Oreshe wiga mu Ishuri rikuru ry’ubuhinzi, Ikoranabuhanga n’Uburezi rya Kibungo INATEK yishimiye iyi gahunda ya YouthConnekt Hangout, avuga ko ije guhuza mu buryo bworoshye Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga ndetse n’urubyiruko ruri hirya no hino.

Ati “Ubu biroroshye kuba nkatwe urubyiruko twakoresha imbuga nkoranyambaga mu kuganira n’abayobozi bacu. Iyi gahunda  ni nziza ikazatanga umusanzu mu gufasha urubyiruko gutanga ibitekerezo no gukora cyane mu kuganisha u Rwanda mu iterambere rirambye.”

YouthConnekt Hangout izajya iba kabiri mu kwezi; ibe buri wa kabiri kuva saa kumi kugeza saa kumi n’imwe z’umugoroba.

Iyi hangout iganisha mu murongo w’iterambere wa nyuma ya 2015 (Post-2015 Development Agenda) washyizweho n’Umuryango w’Abibumbye.

Ushaka kureba iki kiganiro cyose cya #YouthConnekt Google+ Hangout kanda hano: http://www.youtube.com/watch?v=npEYBbx1AC8

Kagame au Koweït pour le “Troisième Sommet Afro-Arabe”

$
0
0

Kagame au Koweït pour le “Troisième Sommet Afro-Arabe”

 Le président Paul Kagame à son arrivée au Koweït

Après le sommet de Commonwealth à Colombo,  la capital sri-lankaise, le Président rwandais Paul Kagame s’est rendu dimanche soir au Koweït pour participer au “Troisième Sommet Afro-Arabe”. Ce sommet de deux jours qui réunira les Chefs d’Etat africains et arabes va s’ouvrir mardi le 19/11/13.

Placé sous le thème « Ensemble pour le développement et l’investissement », ce sommet mettra l’accent sur le rôle de la coopération économique pour le développement durable. Les participants vont échanger aussi sur le rapport des activités de la Commission de l’Union africaine (UA) ainsi que le Secrétariat général de la Ligue Arabes.

Plus de 60 pays ont déjà confirmé leur participation dont 34 chefs d’Etat et de Gouvernement dans ce sommet, premier du genre à se tenir en dehors du continent africain.

A part ce sommet, le Rwanda et le Koweït entretiennent des bonnes relations bilatérales. C’est dans ce cadre qu’Abdulwahab Ahmed, Directeur Général du Fond Koweitien pour le Développement Economique Arabe (Kuwait Fund for Arab Economic Development (KFAED)) reconnaît les bonnes relations existantes entre les deux pays. “Nous sommes prêts et engagés à continuer de soutenir le Rwanda à aller de l’avant”

Cela est intervenu dernièrement lors de la signature d’un accord d’un prêt de 12 millions de dollars américains entre le KFAED et le Rwanda pour la construction de l’Hôpital de Munini dans le District de Nyaruguru. Cet Hôpital moderne aura une capacité d’hospitaliser 300 patients.

KFAED participe dans la réalisation de plusieurs projets d’infrastructure au Rwanda. On notera  les 10 millions de dollars pour réhabiliter la route Ngororero-Mukamira , l’extension et la réhabilitation du IPRC d’environ 14,2 millions de dollars. La construction de la route Rubengera-Gisiza, de la route internationale appelée “Ceinture du Kivu” avec 14,4 millions de dollars.

Situation socio-économique du Koweit?

Koweït (en arabe Al-Kuwait – الكويت) est la capitale de ce petit pays riche, le Koweït, avec près de 2 400 000 habitants, ce qui représente plus de 90 % de la population du pays. Plus petit que le Rwanda en superficie avec 17 818 km² alors que celle (la superficie) du Rwanda est de 26 338 km².

Son économie dépend largement du pétrole avec plus 90 % des recettes publiques (52% du PIB et 94% des exportations en 2012). Cette production lui permet d’être la troisième réserve mondiale de pétrole  avec 8 à 10 % des réserves mondiales.

Avant la découverte du pétrole, les ressources du Koweït provenaient essentiellement de la mer. Il s’agissait de la pêche des perles, du commerce maritime vers l’Inde et l’Afrique orientale, et des constructions navales.

Ruhango: Haracyari byinshi byo gukora kugirango imihigo igende neza

$
0
0

Haracyari byinshi byo gukora kugirango imihigo igende neza

Aha haramurikwa uko akarere ka Ruhango kari kwesa imihigoi ya 2013/2014

Ibi ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango bwabisabwe mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo itsinda ry’intara y’Amajyepfo rikuriwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’Intara Izabiriza Jeanne ryari mu Karere ka  Ruhango, mu gikorwa cyo gukurikirana no gusuzuma aho imihigo y’umwaka wa 2013/2014 igeze ishyirwa mu bikorwa.

Imihigo yasuzumwe mu nkingi enye z’ubukungu, imibereho myiza, imiyoborere myiza n’ubutabera.

Mu muhigo 95 Akarere ka Ruhango kahize, irebana n’ubukungu niyo ifata umubare munini kuko ari 55.

Nyuma yo gukora isesengura ku byasuzumwe, abagize itsinda bagaragaje imihigo igenda neza, igenda biringaniye ndetse n’imihigo ikiri ku gipimo cyo hasi, aho ngo basanze  imihigo irebana n’ibikorwa remezo ari yo igaragaramo imyinshi ikiri hasi.

Ashingiye ku byagaragajwe n’iryo tsinda, umunyamabanga nshingwabikorwa w’Intara yagaragarije umuyobozi w’akarere ka Ruhango n’abakozi ko hakiri byinshi  byo gukorwa ngo akarere kabo kagere ku ntera nziza yo kwesa imihigo.

Yagarutse cyane ku kunoza gahunda y’ishyirwamubikorwa ry’imihigo kuko ari kimwe mu by’ingezi bizafasha ko imihigo igerwaho ku gipimo cya 100%.

Ikindi yagarutseho mu bigomba kunozwa, ni imitangire ya raporo, aho raporo itangwa igomba kuba isesenguye ku buryo uyisoma abona amakuru yose akenewe ku muhigo runaka ashaka kureba.

Yongeyeho ko ari ngombwa gutanga igisubizo kuri raporo yakiriwe (feedback) kugira ngo bifashe kwihutisha ishyirwamubikorwa.

Umuyobozi w’akarere ka Ruhango Mbabazi François Xavier yasobanuye ko bimwe mu byatumye imihigo itihuta harimo ibirebana n’itangwa ry’amasoko, n’ikibazo cyo gutanga ingurane ku hakenewe ibibanza byo kubakamo, avuga  ko ariko mu nama z’abakozi  zagiye zikorwa ku ishyirwamubikorwa ry’imihigo hafashwe ingamba zo kubikemura.

Yashimye inama zatanzwe n’ubuyobozi bw’Intara yizeza ko bazazikurikiza kandi ko zije zisanga hari zimwe mu ngamba zari zarafashwe mu nama yakozwe yahuje abakozi  b’akarere bose kuva ku Karere kugera mu kagari, mu rwego rwo gushyira imbaraga aho zikenewe hose mu ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo cyane ikenera ubukangurambaga bw’abaturage.

Aha yijeje ko isuzuma ry’imihigo ritaha inama zose bazaba barazikurikije kandi nta kabuza imbaraga bagiye gukoresha afite ikizere ko imihigo izagerwaho uko byari biteganijwe.

Uburasirazuba: Urubyiruko rwa FPR rurasabwa kuba umusemburo w’iterambere ry’ishyaka n’iry’igihugu muri rusange

$
0
0
Urubyiruko rwa FPR rurasabwa kuba umusemburo w’iterambere ry’ishyaka n’iry’igihugu muri rusange

Urubyiruko rwa FPR rurasabwa kuba umusemburo w’iterambere

m_Urubyiruko rwa FPR rurasabwa kuba umusemburo w’iterambere ry’ishyaka n’iry’igihugu muri rusange1

Urubyiruko rwa FPR Inkotanyi mu ntara y’uburasirazuba rurasabwa kuba umusemburo w’iterambere rya FPR n’iry’igihugu muri rusange. Urubyiruko rwabisabwe tariki 17/11/2013 mu muhango wo gutora abagize komite y’urugaga rw’urubyiruko n’abazahagararira urubyiruko muri komite nyobozi ya FPR ku rwego rw’intara y’Uburasirazuba.

Guverineri w’iyo ntara Uwamariya Odette yavuze ko urubyiruko rukwiye kuba umusemburo kuko ari bo benshi, kandi bakaba ari bo bakwiye kumva politike ya FPR n’iy’igihugu muri rusange kugira ngo ahazaza ha bo hazabe heza.

Yasabye abatowe kugira ubwitange n’ubushake bwo gukunda no gukorera FPR, kandi imvuga ya bo ikaba ingiro nk’uko umukuru w’igihugu ahora abikangurira Abanyarwanda.

Komiseri muri FPR, Joseph Karemera yavuze ko urubyiruko rukwiye guhora rwiyungura ubwenge, by’umwihariko abo muri FPR bakaba abanyamuryango beza kuko ari bo mbaraga z’u Rwanda, byongeye bakaba ari bob agenda basimbura abanyamuryango bandi bagenda basaza.

Ati “[Urubyiruko] ni bo FPR y’uyu munsi n’ejo, mu gihe turimo tugenda dusaza ducyura igihe, turagira ngo bitegure mu mutwe, bitegure mu rwego rw’ibikorwa, mu rwego rw’ubumenyi kugira ngo bazashobore kuyobora igihugu kandi bakiyobore neza kitazongera kikajya mu mahano nk’ayo twagikuyemo”

Urubyiruko rwashimye inzego za FPR zashoboye gutekereza ko urubyiruko rukwiye guhagararirwa mu nzego zose kuva ku rwego rw’umudugudu, nk’uko byavuzwe na Rukundo Emmanuel watorewe kuba umuyobozi w’urugaga rw’urubyiruko muri FPR ku rwego rw’intara y’Uburasirazuba.

Yavuze ko abatowe bagiye kwihatira kongerera ubushobozi urubyiruko kandi bakorana cyane n’izindi nzego zisanzwe ziriho muri FPR.

Mu byo urubyiruko rwatowe ruteganya gukora mu bihe biri imbere ngo ni ugusura urubyiruko rwo mu mashuri yisumbuye ahakunze kuvugwa ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’indi mico itabereye urubyiruko rutegurirwa abenegihugu beza bo mu gihe kizaza. Rukundo anavuga ko hazashyirwa imbaraga muri gahunda yitwa “Agaciro kanjye” aho urubyiruko rukora ibikorwa byo kuremera bagenzi ba bo batishoboye.

Viewing all 2175 articles
Browse latest View live