Quantcast
Channel: gahiji – News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all articles
Browse latest Browse all 2175

Byumba – Bahereye ku mutekano u Rwanda rufite ntibareka gutora Perezida Paul Kagame

$
0
0
Byumba – Bahereye ku mutekano u Rwanda rufite ntibareka gutora Perezida Paul Kagame

Depite Kabasinga Chantal yemeye kugeza ubutumwa b w’abaturage mu nteko ishinga amategeko

Abaturage bo mu murenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi bavuga ko impamvu basabira Perezida Paul Kagame kongera kuyobora u Rwanda ari uko yagejeje ku banyarwanda umutekano usesuye.

Ubwo itsinda ry’abadepite riyobowe na Kabasinga Chantal baganiraga n’abaturage bo mu murenge wa Byumba tariki ya 23/7/2015 abenshi mu baturage bavuze ko iterambere ryose abanyarwanda bafite barikesha igihugu gifite umutekano bityo baka basanga nta mpamvu yababuza kongera kuyoborwa na Perezida Paul Kagame.

Munezero Girbert ni umwe murubyiruko wasabye abadepite ko ingingo yi 101 yavugururwa kuko abanyarwanda bakwiye kwishimira uburyo igihugu gitekanye kandi abanyarwanda bose baka babanye amahoro.

Asabira Perezida Paul kagame kongererwa manda agakomeza kuyobora abanyarwanda kugeza igihe azumva ananiriwe.

Byinshi bagarutseho n’ibyo abanyarwanda bamaze kugeraho birimo imibereho myiza y’abaturage, ibikorwa remezo, amashanayarazi, amazi, amavuriro byose bishingiye kuba u Rwanda rufite umutekano uhagije.

Byumba – Bahereye ku mutekano u Rwanda rufite ntibareka gutora Perezida Paul Kagame

Abaturage bose barashaka gutora perezida Kagame

Abdra Modoka we asanga u Rwanda rwamaze gutera imbere cyane akemeza ko abanyarwanda bafite n’umutekano ndetse n’amahanaga arwiyambaza rukajya kubafasha kubungabunga amahoro kw’isi.

Kuba byaragezweho ibyo byose ni ubuyobozi bwiza kandi basanga Perezida niyongerwa manda bakongera bakamutorera kubayobora noneho azakora byiza birenze kubyo yakoze.

Byumba – Bahereye ku mutekano u Rwanda rufite ntibareka gutora Perezida Paul Kagame

Imbaga y’abaturage yari yaje gutuma abadepite kuvugurura itegeko nshinga

Depite Kabasinga Chantal yijeje abaturage ko ibyo babatumye bagiye kubigeza ku nteko ishinga amategeko maze bakabaha uburenganzira bwo kongera kwitorera Perezida Kagame.

Mu mbaga y’abantu babarirwa mu bihumbi 8000 bari basazwe n’ibyishimo byo gusaba abadepite kubatumikira mu nteko ishinga amategekoko bashaka  kongera gutora Perezida Kagame bose bavuga ko batindijwe n’igihe cy’amatora.


Viewing all articles
Browse latest Browse all 2175

Trending Articles