Quantcast
Channel: gahiji – News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all articles
Browse latest Browse all 2175

Serivisi nziza itangwa vuba, neza kandi mu mucyo- Rurangwa Jean Paul

$
0
0
m_Serivisi nziza itangwa vuba, neza kandi mu mucyo- Rurangwa Jean Paul

Madamu Akimanizanye Adeline, yatunze agatoki ibigo by’ubuzima aho bikemangwa mu gutanga serivisi

Umukozi ushinzwe imiyoborere myiza mu Karere ka Gakenke  yibukije abantu bakorera ibigo bitandukanye bitanga serivisi ko serivisi nziza iba yuzuye kandi itangwa vuba, neza kandi mu mucyo.

Ibi yabitangaje ku munsi w’ejo tariki 25/02/2014 hatangizwa icyumweru cyahariwe gukangurira abantu gutanga serivisi nziza.

Bwana Rurangwa Jean Paul  yasobanuriye abitabiriye inama gahunda  y’ubukangurambaga ku mitangire ya serivisi, igamije gukangurira abatanga serivisi nziza ku babagana kuko bigira ingaruka nziza ku bigo bakorera.

Umuyobozi wa BK ishami rya Gakenke, asobanura uko imitangire ya serivisi ihagaze mu kigo cy’imari abereye umuyobozi.

Umuyobozi wa Banki ya Kigali ishami rya Gakenke, Bwana Mugwaneza  Molid yavuze  ko mu kigo cyabo  bashyize imbaraga mu kwakira neza ababagana,  babigize umuco kuko aribyo bituma ikigo gitera imbere.

Yavuze kandi ko hagomba kubaho ingamba mu gushimangira ihame ryo kwakira abakiriya no kubayobora mu bijyanye n’ibyo baba bakeneye muri buri kigo kugira ngo abkiriya babone serivisi bifuza vuba kandi neza.

Mu buzima bagaragaje  ko hakiri ikibazo cy’abaganga b’inzobere (specialistes) aho usanga kubona gahunda ya muganga bifata igihe kandi hari igihe umurwayi aba amerewe nabi.

Ibi bikaba bifitanye isano n’uko abo baganga bakiri bake kandi bagomba kwakira abarwayi benshi ku munsi, ngo ari ko ugereranyije n’imyaka ishize iki kibazo kiri kugenda gikemuka.

Abitabiriye inama mu bigo binyuranye biyemeje gufata ingamba mu kunoza imikorere yabo ndetse no kuvugurura imitangire ya serivisi bashingiye ku mirongo ngenderwaho mu kwakira abantu neza no kubaha serivisi nziza mu Rwanda.

m_Serivisi nziza itangwa vuba, neza kandi mu mucyo- Rurangwa Jean Paul1

Abitabiriye inama bemeye kuvugurura imitangire ya serivisi bashingiye ku mirongo ngenderwaho mu kwakira abantu neza no kubaha serivisi nziza mu Rwanda

Inama yitabiriwe n’abahagarariye ibigo bya Leta, ibigo by’abikorera n’inzego z’umutekano zikorera mu karere.


Viewing all articles
Browse latest Browse all 2175

Trending Articles