Quantcast
Channel: gahiji – News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all articles
Browse latest Browse all 2175

Gatsibo: Kugaragariza abaturage ibibakorerwa niwo musingi w’imiyoborere myiza

$
0
0

Kugaragaza ibyo dukora ni umusingi w’imiyoborere myiza, ibi ni ibyatangajwe n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Intara y’Uburasirazuba Makombe Jean Marie Vianney ubwo yatangizaga imurikabikorwa ry’abafatanyabikorwa b’Akarere ka Gatsibo bibumbiye muri JADF.

Iri  murikabikorwa ryatangiye kuri uyu wa mbere tariki 10 Werurwe 2014, rikaba ribaye mu rwego rwo kugaragariza abatuye Akarere ka Gatsibo ibibakorerwa, n’ibyagezweho mu kwezi kw’imiyoborere myiza, ku bufatanye n’abafatanyabikorwa b’Akarere JADF.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Uburasirazuba Makombe Jean Marie Vianney wari n’umushyitsi mukuru muri iki gikorwa, yavuze ko imurikabikorwa ari igihe cyiza cyo kugaragaza ibyo abantu bakora, ahadakorwa neza hakaba hakosorwa mu rwego rwo kwihutisha iterambere ry’igihugu.

Bamwe mubo twaganiriye bari bitabiriye iri murikabikorwa, badutangarije ko uyu ari umwanya baba babonye wo kugaragaza ibyo bakora bityo bakarushaho kumenyekana, bakabasha gupiganwa ku isoko ry’umurimo.

m_Kugaragariza abaturage ibibakorerwa niwo musingi w’imiyoborere myiza

Gakuru Slvestre wabaye umuhinzi w’intangarugero mu Karere ka Gatsibo

Gakuru Slivestre utuye mu Murenge wa Kabarore niwe wabaye umuhinzi w’intangarugero watoranyijwe n’Akarere ka Gatsibo, akuriye koperative yitwa Akimuhana y’abatubuzi b’imbuto, ubwo twaganiraga yadutangarije ko kuba yitabiriye iri murikabikorwa ari indi ntambwe bateye yo kurusaho kugaragaza ibyo bakora.

Ati:”Muri koperative yacu tumaze kugera ku rwego rusimishije bitewe n’umusaruro tubona aho dutubura imbuto twifashishije amafumbire yabugenewe, ubu tukaba duhaza Akarere ka Gatsibo kose tugasagurira n’amasoko”.

m_Kugaragariza abaturage ibibakorerwa niwo musingi w’imiyoborere myiza1

Abanyabukorikori nabo bari bitabiriye imurikabikorwa

Ubusanzwe iri murikabikorwa riba ryatumiwemo ibigo bya leta, imiryango itegamiye kuri leta, ibigo by’imali, abikorera, za koperartive, abanyabukorikori, abanya matorero n’amadini, inzego z’umutekano ndetse abayobozi b’inzego z’ibanze, bikaba biteganyijwe ko rizamara iminsi ibiri.


Viewing all articles
Browse latest Browse all 2175

Trending Articles