Quantcast
Channel: gahiji – News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all articles
Browse latest Browse all 2175

Ruhango: Abafatanyabikorwa barasabwa gukora igenamigambi rinogeye abaturage

$
0
0

Mu nama nyunguranabitekerezo yahuje  bamwe mu bakozi b’akarere ka Ruhango tariki ya 21/07/2015, n’imiryango mpuzamahanga 21  itegamiye kuri leta  ikorera muri aka  karere, Twagirimana Epimaque, Umuyobozi wungirije mu karere ka Ruhango, ushinzwe iterambere ry’ubukungu, yavuze ko  hari bamwe mu bafatanyabikorwa bataranoza neza igenamigambi.

Iyi nama  yari igamije gukora isuzuma  ry’ibikorwa byagezweho, ibitaragezweho ndetse n’imbogamizi abafatanyabikorwa bahuye  nayo yatumye  bimwe mu bikorwa  byimurirwa mu wundi mwaka.

Twagirimana, avuga ko hari bamwe mu bafatanyabikorwa  bakora ibikorwa batagendeye  kuri gahunda y’iterambere ry’akarere kandi ari ryo ubuyobozi bw’akarere bushingiraho mu kwesa imihigo baba baremereye abaturage,  bafatanyije  n’abakozi b’imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri leta bakorera imirimo yabo  hirya no hino mu mirenge igize akarere ka Ruhango.

Uyu muyobozi avuga ko bakoranye  umwiherero  n’abafatanyabikorwa ugamije kunoza imikorere n’imikoranire hagati y’akarere n’abafatanyabikorwa, ariko ugasanga hari bamwe  mu bakoze batabishyira mu bikorwa kubera ko  hari amafaranga baba barateganyije  mu  ngengo y’imali yabo,  umwaka ukarangira adakoreshejwe  igikorwa  kikagumaho.

Gusa uyu  muyobozi yirinze gutunga  agatoki, bamwe mu bakozi b’iyi miryango mpuzamahanga, batanoza neza igenamigambi, ahubwo ashimira imwe mu miryango mpuzamahanga, yakoze ibikorwa by’indashyikirwa byazamuye imibereho y’abaturage, mu buhinzi, ubworozi  ndetse n’uburezi.

Ndagijimana Paul, Uhagarariye  umuryango mpuzamahanga wo kurwanya inzara “Food For the Hungry International” mu karere ka Muhanga na Ruhango, avuga ko  mu mirenge ibiri  yo mu karere ka Ruhango uyu muryango ukoreramo, bateganya  mu ngengo y’imali yabo miliyoni 100 zisaga z’amafaranga y’u Rwanda yo kubaka ibyumba by’amashuri, n’ubwiherero, kugura  amafumbire n’imbuto nziza, ndetse no kwishyurira  amafaranga  abanyeshuri baturuka mu miryango ikennye.

Burezi Eugène, Umunyamabanga Uhoraho w’ihuriro ry’abafatanyabikorwa b’akarere ka Ruhango, avuga ko  nyuma yo gukora isuzuma ry’imihigo,  bamanuka bakajya kureba niba  ibikorwa bateganyije bihura nukuri kugirango  aho bibeshye  hakosorwe.


Viewing all articles
Browse latest Browse all 2175

Trending Articles