Quantcast
Channel: gahiji – News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all articles
Browse latest Browse all 2175

Polisi irasaba abantu kudaha umwanya ibihuha by’uko bitaba nimero +229 bagapfa

$
0
0

Gakenke-DistNyuma y’uko hari amakuru y’ibihuha’  ari gucicika  hagati mu bantu  avuga ko umuntu witabye nimero ya terefone itangirwa +229 ahita apfa, Polisi irahumuriza abantu, ibasa kudaha umwanya ibihuha bakikomereza  imirimo yabo nk’uko bisanzwe.

Mu kiganiro kigufi umuvugizi wa Polisi, ACP Theos Badege yagiranye na Radio One  mu gitondo  cyo kuri uyu wa Mbere tariki 19/08/2013, yavuze ko ibyo yabyumvise ariko akaba  ari ibihuha, bityo  yasabye Abanyarwanda kudaha  agaciro ibyo bihuha, bagahugira ku mirimo aho guta igihe ku bihuha.

Yasabye abantu kwirinda gukwirakwiza ibyo bihuha kuko bashobora gukurikiranwa mu mategeko mu gihe hari abagaragaye ko babitiza umurindi.

Iki gihuha cyatangiye guca ibintu mu mpera za Nyakanga uyu mwaka  ku mbuga nkoranya mbaga nka Facebook zo mu gihugu cya Benin. Urubuga rwitwa Brazza news rufite iyi nkuru  yakunzwe n’abantu hafi 12.500 n’ibitekerezo byinshi, rushobora kuba arirwo rwakongeje  icyo gihuha.

Code ya terefone +229 ikoreshwa n’igihugu cya Benin, bivuga ko abantu bahaye agaciro ibivugwa batongera  kuvugana n’umuntu wese uri ku butaka bw’icyo gihugu, bikaba byagira ingaruka ku bucuruzi, imibanire y’abantu n’ibindi.

 

 

 


Viewing all articles
Browse latest Browse all 2175

Trending Articles